Official Account of Rwanda Broadcasting Agency (RBA). Home of @RwandaTV ||@Radiorwanda_RBA || @MagicFM_Rw || @KC2_RW || @MagicSportsTV_ & 5 Community Radios

Joined October 2012
64,332 Photos and videos
"The Ebola outbreak reminds us that health emergencies do not respect borders. Our response therefore cannot be fragmented, delayed, or reactive." Rwanda's Prime Minister Dr. Justin Nsengiyumva at the High-Level Meeting of African Heads of State, Governments and Partners on the Ebola Outbreak. #RBANews
2
3
78
Abakozi b'Urwego rushinzwe Ubwisungane mu kwivuza mu Nzego z'Umutekano (MMI) bunamiye inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 zishyinguye mu Rwibutso rwa Jenoside rwa Mugina ruherereye mu Karere ka Kamonyi. Uru Rwego rwanatanze inka eshanu ku barokotse Jenoside ndetse runagenera ibitabo 150 byitwa Legacy for Youth ku mashuri atatu yo mu Murenge wa Mugina. Ibyo bitabo bigamije gufasha abanyeshuri kurushaho gusobanukirwa amateka y’u Rwanda no gukuramo amasomo y’ingenzi mu bihe Igihugu cyanyuzemo. #RBAAmakuru #Kwibuka32
1
2
315
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko nta murwayi wa Ebola uri mu Rwanda cyangwa mu duce bihana imbibi kugeza ubu, nyuma y’ukwezi iki cyorezo cyongeye kubura muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo. Itangazo ryo kuri uyu wa Kabiri rivuga ko “Nubwo ibyago by'uko iki cyorezo cyagera mu Rwanda biri hasi, inzego z'ubuzima zikomeje kuba maso no kongera imbaraga mu bikorwa byo kugenzura no gutahura hakiri kare aho icyorezo cyamenera hose”. #RBAAmakuru
6
14
1,281
Minisitiri w’Intebe, Dr Justin Nsengiyumva, yahagarariye Perezida Kagame, mu Nama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma muri Afurika hamwe n’abafatanyabikorwa batandukanye, baganiraga ku ngamba zo guhangana n'Icyorezo cya Ebola. Muri iyi nama yabaye hifashishijwe ikoranabuhanga, Minisitiri w’Intebe yashimangiye ko mu Rwanda nta Ebola ihari, ibi akaba ari umusaruro w’ishoramari rihamye mu gutegura no kubaka urwego rw’ubuzima rufite ubushobozi bwo guhangana n’ibibazo. Yagize ati "Twakajije ingamba zo kugenzura no gukurikirana indwara ku mipaka yose yinjira mu Gihugu. Twongereye ubushobozi bwo gusuzuma no gupima iyi ndwara muri laboratwari, twongera imbaraga mu buryo bwo gutabara byihuse, kandi dukomeza ubukangurambaga bwo kwigisha abaturage.” #RBAAmakuru
1
9
15
1,576
Minisitiri w'Imari n'Igenamigambi, Murangwa Yusuf, yagarutse kuri gahunda ya Guverinoma yo kongera ibigega by'ibikomoka kuri peteroli mu rwego rwo kuzamura ingano y'ibyagoboka Igihugu mu gihe cy'ibibazo bitunguranye. #RBAAmakuru
2
7
1,239
"Nubwo tuvuga ko ingengo y'imari yiyongera cyane buri mwaka, tujya tubona n'ibyo dukeneye gukora na byo byiyongera cyane." Minisitiri w'Imari n'Igenamigambi, Murangwa Yusuf, yavuze ko mu isesengura ryakozwe, inzego zitandukanye zagaragaje ko hari ibindi bikorwa bikenewe bifite agaciro k'arenga miliyari 3000 Frw, yiyongera ku yateganyijwe mu ngengo y'imari y'umwaka wa 2026/2027. #RBAAmakuru
1
5
16
2,074
Itsinda ryaturutse mu Ishuri Rikuru ry’Ubushakashatsi ku Mutekano muri Nigeria  riri mu Rwanda mu rugendoshuri rw’icyumweru, rugamije gusuzuma isano iri hagati y’imitwe yitwaje intwaro ishingiye ku moko, ihatanira umutungo kamere, n’ibibangamira umutekano w’ibihugu. Iri tsinda ryasuye Minisiteri y’Ingabo ndetse n’Icyicaro Gikuru cy’Ingabo z’u Rwanda, aho  ryagejejweho ikiganiro n’Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubutwererane Mpuzamahanga mu bya Gisirikare muri Minisiteri y’Ingabo, Brigadier General Patrick Karuretwa. #RBAAmakuru
4
24
2,423
Rwanda Broadcasting Agency (RBA) retweeted
📽️MURARARITSWE📽️ Tubararikiye gahunda ya #RBAHafiYawe izabera mu Kinigi, Akarere ka Musanze, kuri uyu wa 17 Kamena 2026. Ibiganiro birimo #UrubugaRwImikino, #DusangireIjambo, Ikinamico n'ibindi byegerejwe abaturage. #RBAHafiYawe ni gahunda igamije kwegereza abaturage ibiganiro bya Radio Rwanda, gusabana na bo ndetse no kumva ibitekerezo n'ibyifuzo byabo. 📹: @AnickUwingabiye
6
15
1,272
🚨 AMAKURU AGEZWEHO🚨 Umusaruro Mbumbe w’Igihugu wageze kuri miliyari 6346 Frw mu Gihembwe cya Mbere cya 2026, uvuye kuri miliyari 5276 Frw wariho mu gihe nk'icyo mu 2025, bingana n’izamuka rya 10%. Urwego rwa Serivisi rwagize uruhare rwa 52% by’umusaruro mbumbe, inganda [24%], ubuhinzi [19%] mu gihe izindi nzego zagize 5%. #RBAAmakuru
3
9
19
3,375
Mu Rwanda hamaze kuvurwa abarwayi 1100 b'umutima mu myaka 4 ishize. Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ubuzima, Dr Yvan Butera, ashimangira ko u Rwanda rumaze kubaka ubushobozi mu kuvura no gukurikirana abarwayi b'umutima bidasabye ko berekeza mu bindi bihugu. #RBAAmakuru
14
24
3,140
Minisitiri w'Ubutegetsi bw'Igihugu, Habimana Dominique, yagaragaje ko nk’Igihugu gikeneye igenamigambi rinoze rishingiye ku mibare n’amakuru yizewe, ari ingenzi ko inzego z’ibanze zibigiramo uruhare haba mu ikusanywa ry’amakuru y’ukuri ndetse no mu ikoreshwa ryayo. Ni ubutumwa yatanze kuri uyu wa Kabiri, ubwo yafunguraga Inteko Rusange y’Ishyirahamwe ry’Uturere n’Umujyi wa Kigali (RALGA), yahujwe n’inama ku “Guhuza imibare n’imibereho y’abaturage n’ifatwa ry’ibyemezo hagamijwe gutanga serivisi nziza”. Minisitiri Habimana kandi yibukije abitabiriye ko iyi nama ibaye hasigaye igihe gito ngo abajyanama b’inzego z’ibanze basoze manda y’imyaka itanu, akaba ari umwanya mwiza wo kurebera hamwe ibyagezweho, imbogamizi ndetse n’amasomo yigiwemo. #RBAAmakuru
1
9
1,660
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, yasabye abafite ibibazo muri sisiteme ishingiraho mu gutanga ubwisungane mu kwivuza, kugana ubuyobozi bukabafasha kubikemura, kugira ngo bihutire gutanga umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza. Kugeza ubu Urwego rw’Igihugu rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda, RSSB ruravuga ko ubwitabire bukiri hasi kuko bugeze kuri 50%. #RBAAmakuru
1
4
12
3,854
Minisitiri w'Imari n'Igenamigambi, Yusuf Murangwa, yamaze impungenge Abadepite bagize Komisiyo y'Ingengo y'Imari n'Umutungo bya Leta mu Nteko Ishinga Amategeko, ababwira ko ibitekerezo batanze ku Ngengo y'Imari y'umwaka wa 2026-2027, bizitabwaho. Ubwo abagize iyi Komisiyo basuzumaga ishingiro ry'Umushinga w'itegeko rigena Ingengo y'Imari y'umwaka wa 2026-2027 n'imbanzirizamushinga yawo, hari ibyo basabye Minisiteri y'Imari n'Igenamigambi kwitaho ku ikubitiro. Muri byo harimo ibyo Umukuru w'Igihugu yemereye abaturage, guteza imbere ubuhinzi n'ubworozi, kwihutisha imwe mu mishinga yadindiye ndetse no kongera amafaranga yo kwita ku batishoboye. #RBAAmakuru
1
4
15
2,980
Minisitiri w'Imari n'Igenamigambi, Yusuf Murangwa, yagaragaje ko ibibazo ndetse n'ibyifuzo Abadepite batanze kuri uyu Mushinga w'Ingengo y'Imari byasuzumwe ku buryo hari aho byagiye biba ngombwa ko amafaranga yari yaragenewe ibyiciro runaka yongerwa. Yatanze urugero rw'urwego rw’ubuhinzi n'ubworozi rwakubiwe hafi kabiri amafaranga rwari rusanzwe rugenerwa mu rwego rwo kuruteza imbere no kongera umusaruro warwo. Biteganyijwe ko mu mwaka wa 2026-2027, u Rwanda ruzakoresha miliyari 7,844 Frw.#RBAAmakuru
1
5
1,432
📸AMAFOTO📸 Ambasaderi Christine Nkulikiyinka yahererekanyije ububasha na Minisitiri w'Abakozi ba Leta n'Umurimo, Judith Uwizeye, wamusimbuye. Muri iki gikorwa cyabaye kuri uyu wa Mbere, Minisitiri Uwizeye yashimiye Ambasaderi Nkulikiyinka ku musanzu we mu kwimakaza imitangire inoze muri serivisi za Leta, gushyira imbaraga muri gahunda zijyanye n'ihangwa ry'imirimo ndetse n'amavugurura agamije guteza imbere imibereho myiza y'abaturage. #RBAAmakuru
13
36
3,921
Ku bufatanye bwa Minisiteri y'Ububanyi n'Amahanga n'Ubutwererane y'u Rwanda n'Umuryango wa Afurika y'Iburasirazuba, hatangije ibikorwa byo kumva ibitekerezo by'abaturage b'u Rwanda ku ngingo zizagenderwaho mu Itegeko Nshinga rigena ukwihuza kw'ibihugu bigize uyu Muryango mu bya Politiki. #RBAAmakuru
8
1,684
Kuva kuri uyu wa Mbere, abaganga b'inzobere mu kubaga indwara z’umutima baturutse muri Israel, batangiye kuvura abana 25 bafite ibibazo bitandukanye by’uburwayi bufata umutima. Ababyeyi b’abana barimo kuvurwa bagaragaje ko bishimiye kuba nabo bagiye guhabwa ubuvuzi bwo ku rwego rwo hejuru. #RBAAmakuru
5
20
3,874